argaiv1148
Mu gihe Cinema Nyarwanda irigutera intambwe ijya imbere umunsi ku wundi, abakina Cinema mu Rwanda nabo barikugenda bamenyekana cyane ndetse bakanakundwa na benshi.
Kubera izo mpamvu Imvano.com yabashakiye amakuru k’umukinnyi wa film Inzozi ikunzwe n’abatari bake, biturutse mu buhanga ikinanywe ndetse n’abayikina babereye ijisho, uwo akaba ari Niragire Marie France uyikinamo yitwa Sonia.
Niragire uyu abataragira amahirwe yo kureba film Inzozi, twababwira ko ari umukobwa ugaragara mu bice bya film Inzozi byombi yitwa Sonia, aho akina mu gice cya mbere afite umukunzi wamubeshyaga ko akiri ingaragu kandi yarashatse, gusa igice cya mbere kiza kurangira uyu musore yishwe kubera Sonia, mu mpera z’ igice cya kabiri cy’iyi film azagukundana ku buryo bugoranye n’undi musore witwa Chriss ari nawe barangizanya film.
Ubwo umunyamakuru wa Imvano.com rero yaganiraga na Marie France, yamubajije byinshi yaba mu byerekeye ubuzima bwe busanzwe, kubyo atekereza ndetse no kubyo umwuga wa Cinema akora.
Dore uko ikiganiro cyagenze:
- Imvano : Wavukiye he Fra ? Hanyuma se ubu utuye he?
- France : Navukiye i Kigali ku Kicukiro; ndetse ninaho ntuye.
- Imvano : Ariko waba ukunda ikihe gihimba cyawe kurusha ibindi ?
- France: Ah.. nkunda umubiri wanjye wose, gusa nkunda igihimba cy’umutwe kurusha ibindi.
- Imvano : Ni ibihe bintu ukunda cyane mu buzima ?
- France : Nkunda gusabana n’abantu no kubona abantu bishimye
- Imvano : Ni uwuhe muco ukunda ?
- France : Nkunda umuco wo gufashanya
- Imvano : Ni ryari wababaye cyane ? Byari byatewe niki ?
- France : Sinkunda kubabara ariko ku munsi wa Noheli ya 2009 narababaye cyane ubwo mama wacu wandeze nkiri mu mashuri makuru yitabye Imana .
- Imvano : Naho se igihe wishimye cyane ni ryari Fra ? Wabitewe niki ?
- France : Nishimye cyane ku munsi wo ku itariki 4 Gashyantare 2012 , ubwo musaza wanjye yakoraga ubukwe.
- Imvano : Tugarutse ku mwuga ukora ; watangiye gukina Cinema ryari ? Byaje gute ?
- France : Natangiye mu mwaka wa 2010 ndi muri universite, kera nakundaga kureba films nkumva nanjye nzageraho nkabyiga, maze rimwe hazakubaho irushanwa rya film casting muri kaminuza ndaritsinda, maze ubwo ntangira gutyo.
- Imvano : Kaminuza yihe? wayigagamo irihe shami? warayirangije? ryari?
- France : Rwanda Tourism University College (RTUC), mu ishami rya travel and tourism management. Narangije 2011.
- Imvano : Umaze gukina muri films zingahe? film ya mbere wakinnyemo yitwa ngwiki?
- France : Maze gukina muri Films ebyiri; iyambere yitwa Urudasanzwe.
- Imvano : Urudasanzwe yasohotse ryari? wayikinaga nkande?
- France : Yasohotse muri Gashyantare ya 2011; nayikinnye ndi umupolisikazi
- Imvano : Ni gute waje gutoranywa nk'umukinnyi wa film Inzozi?
- France : Bakoresheje, film casting babura umukinnyi wakina muri uriya mwanya, maze uwayiyoboye kuko ari nawe wari ufite isoko ryo gucuruza film Urudasanzwe, abona nshobora kuyikina, aranshaka ankoresha casting, ndayitsinda. Ubwo niko kwinjira muri film Inzozi
- Imvano : Ni ikihe kintu kidasanzwe wahuye nacyo mu ikinwa rya film Inzozi, ugereranyije niyo warumaze gukina ariyo Urudasanzwe?
- France : Ni film ikinanye ubuhanga kuko iyo ndebye nsanga Urudasanzwe narushyira mu rwego rwa theatre... script, imyitozo, n’ifotorwa ubwabyo biba hafi yabyo ari ukuri gusa, nkiyo nkina ndira mba ndira by’ukuri.
- Imvano : Ah… Nonese ubwo warize nyabyo byagenze gute? Ubu ushatse warira ntacyo ubaye?
- France : Suko tutari dufite imiti yabigenewe , ahubwo umuyobozi wayo yashakaga ko tuba abakinnyi nyabo… Oya kereka muri film gusa, kuko nanjye iyo nyirebye biranyobera, kandi abo tuyirebanye mbona nabo barira.
- Imvano : Noneho no gukunda buriya wakundaga nyabyo?
- France : Haaaa, oya gukunda sinakunze nyabyo kuko byari film, ariko kugirango dukine neza, imyitozo dukora bidusaba kumenyerana cyane n’umukinnyi kugirango twisanzurane ho ntidutinyane.
- Imvano : Ni akahe gace kakinwe neza muri film Inzozi bikagushimisha (yaba akawe cg akundi). mbese agace ukunda?

- France : Nkunda aho Angela afata Uncle Sam muri part 2. Uburyo yisobanura abeshya kandi yihagazeho
- Imvano : Ni ibihe bintu abakunzi ba film Inzozi bakunze kukubwira nyuma yuko igice cyayo cya kabiri kigereye ku isoko?
- France : Ikibazo kiza… abenshi bambwira ko bashaka igice cya gatatu kandi ntagihari kuko yararangiye, abandi bambwira ko nakinnye neza kubera ko usanga ari ubuzima busanzwe twakinnye, abandi bambwira ko bashaka ko tubonana nkabasura, abandi bambwira ko bankunze, muri make ibyo abakunzi bayo bambwira ni byiza kuko mfite abakunzi benshi b’imikinire yanjye, bityo nkumva ko film nshya nzakina bazayireba bigatuma nanjye nzagera ku rwego rwo kugira studio yanjye.
- Imvano : Hari indi film uri gukina cyangwa uri hafi gukina?
- France : Hari film nshya na none ya Silver film production dushobora gutangira muri uku kwezi kwa Werurwe.
- Imvano : Ni izihe mbogamizi waba ukibona muri Cinema Nyarwanda?
- France : Imbogamizi nuko Abanyarwanda ubwacu twica isoko dukora piratage ya films zacu, guhindagurika ku igiciro; no kumva ko films zacu atari nziza; muri make ntago duha agaciro ibyo iwacu.
- Imvano : Kugeza ubu ushima iki mubimaze kugerwa ho na Cinema Nyarwanda?
- France : Icyo nshima muri cinema Nyarwanda nuko bari gutera imbere byihuse, mbona nko mu myaka 7 iri imbere nitugumya kwiteza imbere tureba ibihangano byacu tuzaba turi mubakora films za mbere muri Africa.
- Imvano : Dusoza niki wabwira abakunzi ba cinema Nyarwanda?
- France : Abareba cinema Nyarwanda ndabashima ku giti cyanjye kuko kuzireba bituma twe dutera imbere, kandi mbijeje ko tutazabatenguha.
Ally Muhawe
Share
Comments
Bravo France
Valens H.
Director of photography/Camera operator of
Inzozi 1-2
RSS feed for comments to this post