Roots Productions ni koperative imaze kumenyekana mu mwuga wo gukina amafilime ndetse no guteza imbere muzika muri rusange by’umwihariko ikaba izwi kuri filime yashyize ku isoko yitwa Amapingu y’urukundo.
Nk’uko byongeye kugarukwaho mu nama yabereye i Nyamirambo kuwagatandatu tariki ya 27 Kanama 2011 ahitwa muri le Capri Umuyobozi wa RPC Jean Marie Nyilinkwaya yagarutse ku buryo abantu bakomeje gukorera ubujura ibihangano by’abandi ndetse bakabishyira ku isoko mbere y’uko ba nyirabyo babishyira ku isoko.
Iyi nama nyunguranabitekerezo yahuje ubuyobozi bwa Roots Production ndetse n’abakinnyi bayo baturutse impande zitandukanye z’igihugu.
Filime amapingu y’urukundo nk’uko yashyizwe ku isoko , ikubiyemo urukundo hagati ya Wilson na Jovia ariko iyo filime ikagaragaza ko amaboko atareshya ataramukanya.Kuba ababyeyi ba Jovia batarashakaga ko ashakana na Wilson ntibyatumye bacika intege.
Nk’uko byatangajwe n’abakinnyi ndetse n’abayobozi ba Filime ngo iyi Filime yaba yarabaye imwe mu zakunzwe muri uyu mwaka.
Igice cya kabiri cya Filime « Amapingu y’urukundo » kitwa "Amapingu y'Icyaha" kigiye gutangira gukinwa ndetse ngo kikazaba gikinnye neza cyane kurusha igice cya mbere nk'uko byemezwa na Harelimana Ahmed Visi Perezida wa Roots Productions.
Nyuma yo gukinira mu Rwanda Roots Productions irateganya no gutangira gukinira no mu mahanga.
BANZUBAZE Amani
Share| < Prev | Next > |
|---|




Comments
RSS feed for comments to this post