Ingabo za MONUSCO zifatanyije n’ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo zafashe icyemezo cyo kongerera ingufu ibirindiro byabo biri muri Goma. Umujyi wa Goma ubu uracunzwe cyane kubera ubwoba bw’uko ushobora kugabwaho igitero gikomeye n’inyeshyamba za M23 zimaze iminsi zigarurira imijyi itari mike muri Kivu y’Amajyaruguru. Umuryango w’Abibumbye ndetse n’Umuryango w’Ubumwe bw’uBurayi bahangayikishijwe n’inkunga iva hanze ihabwa izi nyeshyamba za M23.
Hagati yo kuwa Gatanu ushize no ku Cyumweru nibwo izi nyeshyamba zigaruriye Bunagana hafi y’umupaka wa Uganda ndetse n’utundi duce nka Rutshuru. Mu rwego rwo kurinda umutekano w’abatuye Goma, Ingabo za FARDC zatangiye kohereza mu mujyi batayo y’ingabo zabaga mu majyaruguru y’igihugu aho zatozwaga n’abarimu b’Abanyamerika. Iyo batayo igomba kwiyongera ku bandi basirikare 7,000 bamaze koherezwa muri Kivu y’Amajyaruguru.
Kuruhande rwa MONUSCO, igizwe n’abasirikare 18,000 nayo igiye kohereza inkunga y’ingabo ziturutse Ituri no muri Kivu y’Amajyepfo. Umuvugizi wa MONUSCO I Kinshasa, Manodje Mounoubai, avuga ko impamvu y’ubwo bufasha( umusada) ari ukurinda Goma ndetse n’abaturage.
Tubibutse ko kuri uyu wa mbere tariki 09 Nyakanga, mu mujyi wa Goma habaye imyigaragambyo, aho abaturage b’Abatutsi bibasiwe bikomeye bashinjwa gushyigikira M23.
Source: RFI
Dennis Nsengiyumva
Share



Comments
RSS feed for comments to this post